Rwandanews24

Abarenga 1700 biciwe muri Gaza kuva muri Gicurasi 2025
NEWS

Abarenga 1700 biciwe muri Gaza kuva muri Gicurasi 2025

Aug 17, 2025

Umuryango w’Abibumbye wagaragaje ko guhera muri Gicurasi 2025 Israel imaze kwica abantu 1760 muri Gaza bapfuye bari kugerageza gushaka ubufasha.

Ni imibare yashyizwe hanze ku wa 16 Kanama 2025, aho igaragaza ko kuri uyu munsi gusa abagera kuri 25 baguye mu gitero Israel yagabye muri aka gace.

Uyu muryango ugaragaza kandi ko mu masaha 24 ashize abarenga 11 barimo abana bishwe n’inzara, biyongereye kuri 251 bapfyuye guhera muri Gicurasi.

Kuva iyi ntambara Israel ihanganyemo n’umutwe wa Hamas yatangira mu 2023, imibare igaragaza ko iki gihugu kimaze kwica abarenga ibihumbi 61, ndetse abarenga ibihumbi 155 bakomerekeye mu bitero iki gihugu cyagabya muro Gaza.

Si ibyo gusa Israel yafunze inzira zose zacishwamo ubufasha bujya muri Gaza, cyangwa yo kuba hari ibyo yatumiza hanze, ibyatumye gace kibasirwa n’inzara.