Rwandanews24

Abasirikare bashinjwa gushaka gukura Tshisekedi ku butegetsi basabiwe gufungwa imyaka 15
NEWS

Abasirikare bashinjwa gushaka gukura Tshisekedi ku butegetsi basabiwe gufungwa imyaka 15

Aug 27, 2025

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye urukiko rukuru gukatira igifungo cy’imyaka 15 abasirikare bashinjwa umugambi wo gukura Perezida Félix Tshisekedi ku butegetsi.

Abasirikare basabiwe iki gifungo ni Brig Gen Ericsson Bakati, Lt Col Gervais Malaji, batatu bafite ipeti rya Major barimo Jean-Marie Kasereka, Philippe Mambolo n’uwitwa Paluku. Abandi ni David Lusenge na Kakule bafite ipeti rya Lieutenant.

Kubera ko Lt Col Andre Jean Nyenze na Alphonse Kasereka bemeye gukorana n’ubutabera mu gihe hakorwaga iperereza kuri iki cyaha no kuba nta bindi byaha bakurikiranyweho mbere, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kuborohereza igifungo.

Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Gen Maj Cyprien Muwau, bwanasabiye aba bofisiye kwirukanwa mu gisirikare cy’igihugu no kwamburwa amapeti mu gihe bahamywa ibyaha bakurikiranyweho.

Abandi bavugwa muri iyi dosiye basabiwe kugirwa abere nyuma y’aho habuze ibimenyetso bihamya ko bagize uruhare muri iki cyaha.

Brig Gen Bakati na bagenzi be batawe muri yombi nyuma y’aho muri Mata 2025 ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho abagaragaza bari muri hoteli mu gace ka Bandalungwa i Kinshasa, bavuga ko ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bwarangiye.

Bavuze aya magambo mu gihe ubutegetsi bwa Tshisekedi bukeka ko hari abofisiye bakuru benshi mu ngabo z’igihugu mu ngabo z’igihugu bashaka kumugirira nabi no kumukura ku butegetsi, bushingiye ku makuru bwahawe n’abarimo abanyamahanga.

Kuva uyu mwaka watangira, abofisiye bakuru benshi barimo abahoze ari abizerwa ba Tshisekedi nka Gen Christian Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo na Gen Franck Ntumba ushinzwe ibikorwa by’igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu, batawe muri yombi.