Rwandanews24

Abofisiye bakuru 14 batorotse Igisirikare cy’u Burundi mu myaka ibiri
NEWS

Abofisiye bakuru 14 batorotse Igisirikare cy’u Burundi mu myaka ibiri

Sep 20, 2025

Umwuka mubi ukomeje gututumba mu Gisirikare cy’u Burundi. Nubwo abayobozi baterura ngo babivuge, bigaragara ko kuva mu 2023 ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye yoherezaga abasirikare kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva ku muto kugera ku mukuru batashywe n’ubwoba.

Nyuma yo gutsindwa bikomeye mu rugamba rwabereye muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hari abasirikare benshi b’u Burundi banze kongera kurwana. Bamwe batorotse igisirikare, abandi babarirwa mu magana batabwa muri yombi, bafungirwa i Bujumbura n’ahandi bashinjwa kutubahiriza amabwiriza y’ababakuriye.

Inyandiko zitandukanye z’ibyemezo byafashwe na Perezida Evariste Ndayishimiye kuva tariki ya 2 Mutarama 2023 kugeza tariki ya 29 Kanama 2025 zigaragaza ko abofisiye barenga 30 batorotse Igisirikare cy’u Burundi. Ibyo uyu Mukuru w’Igihugu yabishingiyeho yemeza ko batakiri abasirikare b’igihugu.

Mu bofisiye batorotse Igisirikare cy’u Burundi, harimo abakuru 14 barimo icyenda bo ku rwego rwa Colonel: Col Nizigiyimana Pierre Claver, Lt Col Barikore Alexis, Lt Col Nindereye Angelus, Lt Col Nkurunziza Willy, Lt Col Habarugira Diomède, Lt Col Ndikumagenge Apollinaire, Lt Col Nahimana Daphrose, Lt Col Ndayishimiye Jean Baptiste na Lt Col Hatungimana Philbert.

Ibiro bya Perezida w’u Burundi bigaragaza ko muri aba bofisiye bo ku rwego rwa Colonel, uwa nyuma wakuwe mu gisirikare cy’igihugu kubera gutoroka ari Lt Col Nindereye Angelus, wari ufite nimero imuranga (matricule) ‘SSO813’. Uyu yakuwe ku rutonde tariki ya 11 Kamena 2025.

Umukuru muri bo, Col Nizigiyimana Pierre Claver, yakuwe ku rutonde rw’igisirikare cya Leta tariki ya 8 Mata 2025. We yari afite nimero imuranga ‘SS0274’.

Abofisiye bakuru bafite ipeti rya Major bakuwe ku rutonde rw’abasirikare b’u Burundi bazira gutoroka ni: Maj Nkengurutse Melance warukuweho tariki ya 21 Gashyantare 2025, Maj Nkeshimana Eddy Germain warukuweho tariki ya 19 Ugushyingo 2024, Maj Ndizeye Ildephonse, Maj Ntakabanyura Eric na Maj Ntungwanayo Alphonse wakuwemo tariki ya 13 Ukuboza 2023.

Abasirikare bafite ipeti rya Capitaine batorotse Igisirikare cy’u Burundi ni 13, mu gihe abafite irya Lieutenant batorotse ari bane.