Burera: Umugabo yafatanywe ibilo 20 by’urumogi yari akuye muri Uganda
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo ukomoka mu Karere ka Gakenke, wari ufite umufuka urimo ibilo 20 by’urumogi yari akuye muri Uganda. Uyu mugabo yafatiwe mu Mudugudu wa Vumage, Akagari ka Murwa, mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera mu rukerera
Weasel yateye imitoma Sandra Teta ku isabukuru ye
Umuhanzi wo muri Uganda Weasel Manizo akaba na murumuna wa Jose Chameleone yavuze imitoma umugore we Teta Sandra ku isabukuru ye nyuma y’igihe gito uyu muhanzi agaragaje ko umugore we agiye kuzamwica n’ubundi ashingiye ku mvururu ahoramo. Ubutumwa Weasel yasangije abamukurikira ku mbuga
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani byibanze ku guteza imbere umubano w’ibuhugu byombi n’imikoranire. Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2025, ubwo Umukuru w’Igihugu yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Iterambere ‘World
Rutsiro: Polisi yataye muri yombi umwarimu ukekwaho kwiba ibikoresho by’ishuri
Umwarimu w’imyaka 34 wo mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi. Akekwaho kwiba ibirimo mudasobwa, amasahani abarimu bariraho, amakanya n’ibikombe abanyeshuri banyweragamo amazi ku kigo cy’ishuri yigishaho rya College De la Paix. Amakuru y’ifatwa rye yamenyekanye ku wa 03 Ugushyingo 2025, nyuma yo
U Rwanda rwahawe igihembo nk’igihugu gifite ibikorwaremezo by’ubukerarugendo byiza
U Rwanda rwegukanye igihembo cy’icyubahiro nk’igihugu cyo muri Afurika gifite ibikorwaremezo bifasha ubukerarugendo, byiza kandi biteye imbere. U Rwanda rwegukanye uyu mwanya binyuze mu bihembo bya African Tourism Awards, bigamije guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo muri Afurika. Bigenerwa ibihugu, imiryango n’abantu ku giti cyabo
Perezida Kagame yageze i Doha
Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, aho azitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambere (World Summit for Social Development). Perezida Kagame yageze i Doha kuri uyu wa Mbere. Ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Hamad yakiriwe n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe protocole muri Minisiteri y’Ububanyi
Kigali: Hafashwe 11 biba inka i Kigali bakajya kuzigurisha i Rwamagana
Polisi y’u Rwanda (RNP) yatangaje ko ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru, imaze guta muri yombi abantu 11 bakekwaho uruhare mu bujura bw’inka. Itangaje ibi nyuma y’uko abaturage bo mu Karere ka Gasabo mu mirenge ya Gikomero, Ndera, Rusororo,na Rutunga bagaragaje ikibazo cy’ababiba inka
Rwamagana: Icumbi riraramo abanyeshuri 150 ryibasiwe bikabije n’inkongi y’umuriro
Icumbi ry’Ikigo cya IWE (Institute Women for Excellence cyigamo abakobwa gusa giherereye mu Karere ka Rwamagana, ryahiye rirakongoka rihiramo ibikoresho byose by’abana 150 biga kuri iki Kigo. Iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Ugushyingo 2025 ahagana saa
Gukoresha telefone ku bana bataragira imyaka 13 byongera ibyago byo kwiyahura-Ubushakashatsi
Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa rya telefone mu bana ku Isi bwagaragaje ko abana bahabwa telefone mbere y’imyaka 13 baba bafite ibyago byinshi byo kugira ibitekerezo bibaganisha ku kwiyahura, ubwoba bukabije no kutiyizera. Bushyizwe hanze mu gihe Isi ikomeje kugendera ku muvuduko udasanzwe ugamije
Inka ibihumbi 12 zo mu mirenge yo mu Karere ka Rubavu yashyizwe mu kato zakingiwe uburenge
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) nyuma y’uko gishyizeho akato k’amatungo mu Mirenge ya Kanama, Nyakiriba na Kanzenze yo mu Karere ka Rubavu, nyuma y’uko hagaragaye indwara y’uburenge (Foot and Mouth Disease) mu nka zaho, inka ibihumbi 12 zakingiwe uburenge. Mu itangazo
