Rwandanews24

Generali arakekwaho gushaka kwivugana Perezida Tshisekedi
NEWS

Generali arakekwaho gushaka kwivugana Perezida Tshisekedi

Jul 16, 2025

Général Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2022 kugeza mu 2024, akekwaho gushaka kwica Perezida Félix Tshisekedi.
Kuva mu cyumweru gishize, havuzwe inkuru z’itabwa muri yombi ry’abantu bakorana bya hafi na Gen Tshiwewe usigaye ari umujyanama wa Tshisekedi mu bikorwa by’igisirikare, barimo Gen Maj Maurice Nyembo, Lt Col Adelart Mwiza ndetse n’abarinzi be.
Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa (…)

Général Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2022 kugeza mu 2024, akekwaho gushaka kwica Perezida Félix Tshisekedi.

Kuva mu cyumweru gishize, havuzwe inkuru z’itabwa muri yombi ry’abantu bakorana bya hafi na Gen Tshiwewe usigaye ari umujyanama wa Tshisekedi mu bikorwa by’igisirikare, barimo Gen Maj Maurice Nyembo, Lt Col Adelart Mwiza ndetse n’abarinzi be.

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa RDC, Augustin Kabuya, ku wa 15 Nyakanga 2025 yahishuriye abanyamuryango baryo ko Gen Tshiwewe akekwaho gushaka kwica Umukuru w’Igihugu.

Kabuya yagize ati “Ntabwo abantu babona uburemere bw’iki kibazo. Umuntu akicara, nyuma yo kuganira n’abo hafi ye, bakiga uko bakwica umuntu, umubyeyi, sekuru w’abana, n’umuntu wa mbere mu gihugu, abantu bakumva ko atabazwa?”

Uyu munyapolitiki uri mu bizerwa ba Perezida Tshisekedi yavuze ko ubwo Gen Tshiwewe yahatwaga ibibazo, atigeze ahakana kugira umugambi wo kwica Umukuru w’Igihugu.

Ati “Abantu bashyira mu gaciro bazi ikibi yakoze, kandi na we ubwe ntabihakana. Bivuze ko yicaye, aravuga ngo agiye kumwica.”

Ubwo Gen Tshiwewe yari Umugaba Mukuru w’ingabo, yumvikanye kenshi yihanangiriza abasirikare bagambanira igihugu na Perezida Tshisekedi, mu gihe ihuriro AFC/M23 ryari rikomeje gufata ibice byinshi mu burasirazuba bwa RDC.

Yigeze kujya mu rusengero rw’itorero E.R.C (Église du Réveil du Congo), abwira abakirisitu ko adashobora kugambanira Imana na Perezida Tshisekedi.

DRC: Biography of Christian Tshiwewe S. new FARDC Chief of General Staff -  congovirtual english version