Rwandanews24

Kinshasa: Mu rukiko: Amazina ya Kabila yashidikanyijweho
NEWS

Kinshasa: Mu rukiko: Amazina ya Kabila yashidikanyijweho

Aug 7, 2025

Urubanza rwa Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019 rwakomeje kuri uyu wa 7 Kanama 2025, aho aburanishwa ibyaha birimo kugambanira igihugu no kuba mu mutwe w’ingabo utemewe n’amategeko.

Ubushinjacyaha bushinja Kabila kuba umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 riganzura ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, bityo ko ari ryo yabikoreyemo.

Uru rubanza rurimo abanyamategeko barindwi baharanira inyungu za Leta n’abo bivugwa ko bagizweho ingaruka n’ibyaha Kabila ashinjwa gukora, barimo abakomoka mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri.

Mu bimenyetso Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’Ubushinjacyaha rwa gisirikare, Lt Gen Likulia Bolongo, yagaragarije Urukiko Rukuru rwa gisirikare, harimo ifoto igaragaza Kabila ari kumwe n’abayobozi bo muri AFC/M23.

Kabila yifotoje n’Umuyobozi Mukuru wa AFC/M23, Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa n’abandi bo muri iri huriro ubwo yagiriraga uruzinduko i Goma, muri gahunda y’ibiganiro n’Abanye-Congo bashobora gufasha RDC kubona amahoro n’umutekano.

Abanyamategeko baharanira inyungu za Leta bagaragarije urukiko ko Kabila uburanishwa atari mwene Laurent-Désiré Kabila wayoboye RDC na Sifa Mahanya, kuko ngo yahinduye imyirondoro.

Berekanye muri ‘ecrans’ iri mu rukiko inyandiko Kabila n’abandi bayoboye ibihugu bitandukanye bya Afurika basinyeho, bemeza ko ari icyerekana ko umwirondoro w’uregwa ukwiye gushidikanywaho.

Aba banyamategeko babwiye urukiko ko mu mukono (signature) harimo amagambo “H” na “P”, bavuga ko asobanuye “Hippolyte Kanambe”, kandi ngo ni ryo zina rye nyakuri.

Ibyo aba banyamategeko bavuze bitandukanye n’aho Ubushinjacyaha buhagaze, kuko uru rubanza rwatangiraga tariki ya 25 Nyakanga, bwasobanuye ko ari Kabila yabyawe na Laurent Kabila na Sifa.

Ku rundi ruhande, mu rukiko hagaragajwe amashusho ya Aime Ngoy Mukena wabaye Minisitiri w’Ingabo, asobanura ko Kabila yahinduriwe imyirondoro, ahabwa ubwenegihugu bwa RDC.

Minisitiri w’Ubwikorezi, Jean Pierre Bemba, muri Kamena yatangaje ko afite ibimenyetso bigaragaza ko Kabila yavutse yitwa ‘Hippolyte Kanambe’, ahindurirwa imyirondoro kugira ngo ayobore RDC nyuma y’urupfu rwa Laurent Kabila.