Umugabo w’imyaka 42 yatawe muri yombi akekwaho gutera abantu icyuma mu iduka rya Walmart riherereye muri leta ya Michigan
Ibitaro biherereye hafi aho byatangaje ko biri kuvura abantu 11 bakomerekeye muri icyo gikorwa. Kubera ibyo, Ishami ry’Ubutabazi (Emergency) riri kwakira abarwayi benshi kurusha uko bisanzweni ko Munson Medical Centre yatangaje ku mbuga nkoranyambaga.
Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza imodoka za polisi n’iza ambilansi nyinshi mu kibuga cy’imodoka cya Walmart.
Ibiro bya Sheriff bya Grand Traverse County byemeje ko biri gukora iperereza ku gikorwa cyo gukomeretsa abantu benshi cyabereye kuri Walmart yo muri Traverse City.
Sheriff Michael Shea yabwiye itangazamakuru ko uwakoze icyo gikorwa ari umuturage wa Michigan kandi yakoresheje cyuma gipfukirana(folding knife). Yavuze ko igikorwa cyabaye nta mpamvu izwi.
Yongeyeho ko bamwe mu bari mu iduka bafatanyije mu gufata uwo mugabo no gutanga ubufasha ku bakomerekejwe.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, abantu batanu bari barembye, mu gihe abandi batandatu bari mu kaga gakomeye.
Umuyobozi wungirije wa FBI Dan Bongino yavuze ko inzego za leta ya Amerika ziri gutanga ubufasha bukenewe ku nzego z’ibanze.
Guverineri wa Michigan, Gretchen Whitmer, yavuze ko ari mu itumanaho n’inzego z’umutekano ku nkuru mbi yabaye.
