Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iryo huriro rihangayikishijwe n’uburyo ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, aho kuri ubu yongeye gukoresha n’abacanshuro mu kugaba ibitero ku baturage.
Ibi Kanyuka yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 24 Kanama 2025, aho yamenyesheje abanyagihugu n’imiryango mpuzamahanga, ko AFC/M23 ishishikariye kubungabunga amahoro bityo itazihanganira ibyo bikorwa.
Yagize ati “Kuva saa Sita zo kuri iki Cyumweru, tariki 24 Kanama 2025, aba barwanyi [ihuriro ry’ingabo za RDC], bagizwe ahanini n’abacanshuro, bagabye ibitero byibanze ahanini uduce dutuwe cyane twa Kadasomwa n’inkengero zayo, ndetse n’ibirindiro byacu.”
Yavuze ko ibi bitero byahitanye ubuzima bw’abaturage benshi ndetse na benshi bava mu byabo bahunga ibitero by’indege zitagira abapilote ’drones’.
Yongeyeho ati “AFC ishikamye ku ntego yayo yo kurinda abaturage b’abasivile ndetse no gukuraho icyashaka kubahungabanya cyose n’aho gikomoka.”
Kanyuka kandi yaboneyeho kuburira abacanshuro bashya bazanywe na Leta ya RDC, avuga ko “Bitandukanye n’uko byagenze i Goma, ubwo abacanshuro amagana bemerewe gusubira iwabo badahanwe nyuma yo kwica benewacu, ibi bikorwa byabo bishya byo kwica, ntabwo bizatuma noneho basubirayo amahoro.”
Tariki ya 19 Nyakanga, Leta ya RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku mahame ngenderwaho agana ku masezerano y’amahoro. Mu ngingo impande zombi zumvikanyeho harimo guhagarika imirwano burundu ariko ntizubahirizwa.
Leta ya Qatar yemeza ko ingengabihe y’amahame yasinyiwe i Doha itubahirijwe, ariko ko ikomeje gukorana n’impande zombi kugira ngo zumvikane. Tariki ya 14 Kanama yazishyikirije umushinga w’amasezerano y’amahoro kugira ngo ziwusuzume.

What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

