Peter Mutharika yongeye gutorerwa kuyobora Malawi
Komisiyo y’Amatora muri Malawi yatangaje ko Peter Mutharika wabaye Perezida w’iki gihugu yatsinze amatora ku majwi 57%, mu gihe Lazarus Chakwera wari usanzwe ku butegetsi yagize 37%.
Mutharika yayoboye Malawi kuva mu 2014 kugeza mu 2020, atsinzwe amatora na Lazarus Chakwera.
Amateka nk’aya yaherukaga muri Amerika aho Trump yatsinzwe amatora arangije manda imwe, hanyuramo Joe Biden, Trump ahita yongera gusubira ku butegetsi atsinze amatora.
Chakwera wari umuvugabutumwa yageze ku butegetsi avuga ko agiye kurwanya ruswa ariko ku butegetsi bwe irushaho kumunga igihugu.
BBC yanditse ko Chakwera akimara kumenya ko yatsinzwe amatora yahise ahamagara Mutharika amushimira ndetse yemera ko yatsinzwe.
Chakwera asize ubukungu bw’igihugu bucumbagira, aho nta bikomoka kuri peteroli bihagije gifite n’ifaranga ryacyo ritakaza agaciro umunsi ku wundi.
Amatora y’umukuru w’igihugu mu 2019 na bwo yari yatsinzwe na Mutharika ariko urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rutesha agaciro ibyayavuyemo mbere ruvuga ko habayemo uburiganya, birangira intsinzi ibaye iya Chakwera.

